Bang Media

Shakisha kuri ino site

pa

Alubumu cyangwa se umuzingo (tugenekereje mu Kinyarwanda) ni kimwe mu bikunze kwerekana umwihariko wa buri muhanzi cyane cyane ko bimufasha kwereka abakunzi be ibikorwa bye n’ubutumwa yifuza kubagezaho.

Muri iki gihe bisa naho gushyira alubumu ku mugaragaro ni kimwe mu birori bisigaye bishishikaza abahanzi aho bategura ibitaramo bikomeye ku buryo banifashisha bagenzi babo kugirango bashimishe abantu bitabiriye igitaramo.

Nubwo iki gikorwa gisigaye gihuruza abantu benshi muri iki gihe,ikirezi.rw yabakoreye ubushakashatsi kuri bamwe mu bahanzi b’abanyarwanda bo mu minsi yashize bagiye bashyira ku mugaragaro KASETE (niko bazitaga kuko CD tumenyereye muri iki gihe zari zitarajya ku mugaragaro).

Uru nirwo rutonde twabashije kubegeraniriza.

Umuhanzi Kasete yasohoye
Mboneye Eulade
Mumutashye
Mugabo Justin Mutangana
Kagambage Alexandre
Umwamikazi
Masabo Juvénal
Ma Liberté.
Yanashyize hanze Volume zitandukanye
Fashaho Phocas
Ishiraniro
Mavenge Sudi
Ku munini
Bizimungu Dieudonné
Iraje munini iraje
Uwimbabazi Agnes
Indirimbo za Bikiramaliya
Uwizeye Jean
Ku gasozi ka Rusororo
Gasasira Jean Félix
Uyu ni [Soso Mado] wahoze muri Orchestre Impala
Ni kuki
Mutamuliza Annonciata
Kamaliza
Sekimonyo Matabaro
Umwana w'umunyarwanda
Gasirabo Selemani
Yaririmbaga muri Galaxy Band
Agaseke
Bizimana Loti
Nsigaye nitwa Patoro
Niyomugabo Philemon
Zirikana
Mukarutesi Francine
Bikiramariya
SaltoNta mwemezi mu mahanga
Muhirwa Jean Berchmas
Kimbagira
Hari abandi nka Karemera Rodrigue, Byumvuhore, Mwitenawe Augustin, Captaine Nsengiyumva Bernard, Makanyaga Abdul ndetse n’abandi batandukanye bagiye bashyira hanze imizingo yabo.

Nyamara ariko hari abataragiye bamenyekanisha izi kasete zabo cyane cyane ko inyinshi zakundaga gushyirwa hanze mu byitwaga "Volume."

Mu gukomeza kwegeranya amakuru ku bahanzi bagiye bamenyekana mu bihe byashize no gusangira amakuru yagiye abavugwaho, imiryango irakinguye ku muntu wese ufite andi mazina ya alubumu z’abahanzi bagiye bamenyekana kugirango nazo abakunzi ba muzika yo hambere barusheho kuzimenya. Abenshi kugeza ubu bavuga zifite icyo zabasigiye mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Related Posts by Categories



Sem comentários:

Enviar um comentário

 

BANG Quotes

Top News

Urwenya