Bang Media

Shakisha kuri ino site

pa

Hora Nzaza par Mupenzi Venuste

Ka kanyana nashimye

Kamwe k'ijuru ry'umwezi

K'ijosi ry'umutari

Kahogojwese na nde

Yo kabura ako keza

Ngo mucyahe bikwiye?



Niba umutima utera

Y' uko nabyinnye umutaho

Ukagira intimba iteka

Yo kutambona iruhande

N'abakubaza banjwa

Ngo bamenye uko tuzahura

Batazi uko twahuye

Barata inyuma ya Huye

Kuko intebe ya twembi

Ihora iganje iteka

No mu busitani bwa Nyagasani

Aho urukundo ruzira gukonja.



Hora nzaza,

Imyuzure y'umutima

Nterwa n'amarira untura

Itazatuma ngira icyunzwe

Ejo nkazabura icyusa

Mu mayira nca ngusanga.



Impamba si iyo nsenga

Cyane ko mfite uwo nsanga

Ntabwo iminsi izaba umusenyi

Inyoni ntizahamagara isake

Ngo biririmbe ntasesekaye

Nyaruka cyane kurusha inyawu

Cyangwa umurabyo uvuye mu bicu

Ingoyi y'umuruho nyihe ikiboko

Maze uruhuke nkuvunye ihobe

Nguhe urukingo rwica irungu.



Hora nzazana umubavu ukunda

Nsige iyo misaya y'umuseno

Nkurore amaso y'urunyenyeri

Ndetse na ya nyinya irasa cyane

Urusha bose guhora ikeye

Nshire urukumbu nkuroye wse

Aho mu nda wagize zeru

Kandi ahandi ari ijana risa

Ndavuga imbavu zishyira amatako

Ntaretse intege z'amaribori

Zituma ingendo utayinginga

Ngo njye wakwerejweho ubutore

Nzakwe nduzi uri uw'icyezi

Cyeza uyu mutima ugutaka

Nk'uko byagenwe na Gihanga

Mbone ntegure ya miringa

Isa n'urugori rutega abeza

Nkugire urwego mu bo nashimye.



Hora nzaza nk'akaririmbo

Nze nkuririmbira izo ukunda

Nti" Uri akazuba karashe neza

Kamwe kamurika ntigatwike

Kandi kamurikira ibikari

Bikikije umutima ugukunda".



Hora nzaza nduta abo uzi

Nzaza nkongorera akabanga

Nzigamye imyaka maze imahanga

Kandi uburezi twarabusomye

Ngaho heka turere twembi

Nkugire ikirezi kiruta ibindi.



Hora gahunda ntabwo itinze

Kandi imihamda iharuye neza

Niba itarigeze n'umuganda

Ntabwo yangamburuza umugambi

Na Nyabarongo ntabwo inkanze

Ifi mu koga si ubufindo

Icyo ni igihano Adamu yampaye.



Nzoga magari ariko ngusange

Amaganya nzayatere umwotso

Umwotsi w'intimba n'agahinda

Nzabitere ishavu mbiganze

Amage ature ukubiri natwe

Maze ngukande aho wikanga

Untere inkunga nkurage inkanda

Nguhe urukundo ruzira inkiko.



Hora nzaza nzanye amaturo

Nguhe ibikari byuje amatungo

Nkureme agatima ugire umutuzo

Ugwize amata atemba imitozo

Amatama atohagirane itoto

Umuteto wihariye w'ubutoya

Ube umutako w'umutima wanjye.



Ayo urira anyagira umutima

Na roho ubwayo ntiruhuke

Iyo itekereza ko utakigoheka

Irara amajoro igushushanya

Usa n'akanayange mu Ijuru ryiza

Tuzatura ingoma ibihumbi

Ijabiro Jambo nampa ijambo

Nziruhutse mbigire ubuhamya

Nti" nzagukunda ndenze imyaka

No mu busitani buzira iherezo".



Hora sinzaza nk'iya Gatera

Ntabuza intimba byagutera

Kandi nshaka ko uwo ubitera

Atagira inturo aho ngeza amaso

Ahubwo ahinga ahataba umwero

No mu kamazi k'abasamara

Akitwa umwasama w'ikirenga.



Hora nzaza nkuraga incuke

Kuko na kera sinta ibiheko

Naho Gishegu iharirwe akamo

Niba kandi igomba injishi

Kugira ngo ibashe ijyemo iyayo

Iyo ni imirimo igira Abahanju

Izaba yatannye bayite ishyanga

Kandi i Rwanda ntiterekerwe

Itamenya konsa iyo si imbyeyi.

Mupenzi Venuste

Related Posts by Categories



Sem comentários:

Enviar um comentário

 

BANG Quotes

Top News

Urwenya