Mu mibarire y’ibihe , abanyarwanda bagiraga ikeshamvugo ryabo bakoreshaga rijyanye n’umuco wabo ndetse n’akazi kabo ka buri munsi.Umwaduko w’abazungu utaraza,ngo abantu batangire kujijuka,ntabwo babaraga ibihe nkuko tubibara ubu.Ntibabaraga amasegonda,iminota,amasaha,iminsi,ibyumweru,amezi,,imyaka,ibinyejanan’ibinyagihumbi,niyo mpamvu niyo batangaza ibintu bimwe na bimwe byabaye mu mateka,batangaza umwaka w’amacishirizo ibyo bintu byabereyemo.Abanyarwanda bari bafite uburyo buhoraho bwo kubara ibihe byabo.Bumwe muri ubwo buryo ni bu bukurikira :
Mu museke (utambitse ) :Hagati ya 3h30 na 4h00’
Mu nkoko (Zibika ) :Hagati ya saa 4h30 na 5h00
Mu museso :Nka saa 5h00
Mu bunyoni :Saa 5h30
Mu rukerera :Saa 6h00
Mu gitondo ;Saa 6h00 kugeza saa 11h00
Ku manywa :Saa 11h00 kugeza saa 13h00
Ku manywa y’ihangu :Saa 13h00 kugeza saa 14h00
Ku gicamunsi :Saa 15h00 kugeza saa 16 h00
Ku mugoroba :Saa 16h00 kugeza saa 18h00
Mu mataha y’inyana :Saa 18h00 kugeza saa 19 h00
Mu ijoro :Saa 19h00 kugeza saa 22 h00
Mu ijoro rijigije :Saa 22 h00 kugeza saa 24h00
Mu gicuku :Saa 24 h00 kugeza saa 2h00
Mu gicuku kinishye :Saa 2h00 kugeza saa saa 3h00
Mu mbwa zirira :Saa 3h00 kugeza saa 3h30
Ikeshamvugo ry’ibihe by’ihinga
Abanyarwanda bagiraga ikeshamvugo rikoreshwa ku bihe by’ihinga.Bityo bikabafasha kubitandukanya n’ibindi bihe by’umwaka,iryo keshamvugo na n’ubu riracyakoreshwa mu gutandukanya ibihe by’ihinga mu Rwanda.Niyo mpamvu ubajije umukambwe wo mu bihe bya kera igihe yavukiye ,akubwira ati « Navutse amasaka yeze ,navutse babagara ibishyimbo cyangwa akavuga ko hari mu isarura ry’ibishyimbo ».Ikeshamvugo rikoreshwaga ni iri rikurikira.
Igihe cy’umuhindo :Gitangira ku wa 15 Nzeri, kikageza 15 Ukuboza
Igihe cy’urugaryi : Gitangira ku wa 15 Ukuboza, kikageza 15 Werurwe
Igihe cy’itumba : Gitangira ku wa 15 Werurwe, kikageza 15 Kamena
Igihe cy’icyi (Impeshyi) : Gitangira ku wa 15 Kamena, kikageza 15 Nzeri
Shakisha kuri ino site
pa
Ikeshamvugo rijyanye n’ibihe
Subscrever:
Enviar feedback (Atom)
Sem comentários:
Enviar um comentário