Umukinyi w’icyamamare mu mukino wa Golf Tiger Woods aracyari ku isonga mu byamamare bikora umwuga wo gukina imikino itandukanye, nyuma yo kugira impanuka mu mwaka wa 2009 n’itandukana n’umufasha we, byatumye abaterankunga be nka AT&T, Gillette na Pepsi bagabanya agafaranga bamugeneraga ndetse n’ibikorwa byo kwamamaza bye biragabanuka.
Ibi byose kandi byamuteye no gusubira inyuma mu muikinire ye dore ko yahoze ku mwanya wa mbere mu bitwara neza muri golf none ubu arabarirwa ku mwanya wa 13, birumvikana ko ingaruka zitari kuba ku mikinire gusa ahubwo no ku mutungo, aho ibarurishamibare ryagaragaje ko yagabanutse ho miliyoni 53 z'amadolari mu myaka mike gusa.
Ibi ntibimubuza kuza ku isonga ry'aba sportif binjiza amafaranga menshi, aho bigaragara ko ku mwaka afata miliyoni byibuze 75 z'amadolari. Uyu mwanya awukesha imikoranire myiza iri hagati ye n'inzu zizobereye mu bucuruzi bw'ibigendana na sport zirimo Nike ndetse na EA imenyewe mu gutunganya za video games.
Ku mwanya wa kabiri turahasanga umukinyi wa Basketball, Kobe Bryant na miliyoni 53 z’amadorari, Kobe ukinira ikipe ya Los Angeles Lakers muri Leta zunze ubumwe za Amerika, usibye umushahara abona mu ikipe ye wa miliyoni 24 z’amadorari ku mwaka akaba ari nawe wa mbere muri NBA, Kobe yamamariza kompanyi y’indege yo muri Turkiya, Turkish Airlines n’uruganda rw’imodoka Mercedes Benz.
LeBron James ukina Basketball mu ikipe ya Miami Heat aza ku mwanya wa gatatu na milyoni 48 z’amadorarri ku mwaka.
Kumwanya wa kane turahasanga icyamamare mu mukino wa Tennis Roger Federer ufata miliyoni 47 z’amadorari.
Phil Mickelson: abakurikiranira hafi umukino wa Golf bamuzi ku kabyiniriro ka ‘‘ Lefty’’ kubera akaboko ke k’imoso gaconga neza uwo mupira wa Golf, aza ku mwanya wa gatanu na miliyoni 46 z’amadorari.
David Beckham ukinira ikipe ya Los Angeles Galaxy afata umwanya wa gatandatu na miliyoni zisaga 40 z’amadorari.
Umusore w’umunya Portugal Christiano Ronaldo ukinira ikipe ya Real Madrid aza ku mwanya wa karindwi na miliyoni 38 z’amadorari ahanini akaba abikesaha amasezerano yasinyanye na Real Madrid bigakubitira ho n'ibikorwa byo kwamamaza ibintu bitandukanye, mu minsi ishize byaravuzwe cyane ko abaherwe ba Manchester City bashatse kumugura Real Madrid igatsemba n'ubwo yari kwishyurwa akayabo ka miliyoni 200 z'ama yero !!!
Ku mwanya wa munani turahasanga Alex Rodriguez ukomoka mu gihugu cya Dominican Republic akaba akina umukino wa Baseball mu ikipe ya New York Yankees akaba afata miliyoni 35 z’amadorari.
Michael Schumacher ukomoka mu gihugu cy’Ubudagi akaba azwiho gutwara utumodoka duto tuzwi nka Formula1, aza k’umwanya wa cyenda ahanini akaba abikesha ibikombe amaze kwegukana mu rwego rw’isi kuko ariwe ufite agahigo mu gutwara ibikombe byinshi muri uwo mukino, aho amaze gutwara 7 arikumwe n’uruganda rwa Ferrari.
Lionel Messi niwe ufunga urutonde rw’aba sportif bafata amafaranga menshi ku isi, Lionel Messi ukinira ikipe ya Barcelona akaba afata akayabo kangana na miliyoni 32.3 z'amadorari.
Urwo rutonde tubagejejeho ahanini rukaba ruterwa n’amafaranga abo ba sportif bakura mu mishahara yabo, m’uduhimbazamisyi, kwamamaza n’ibindi bikorwa bijyanye n’imikino bakina. Muri uyu mwaka urutonde rw’aba sportif 50 bahembwa amafaranga menshi rukaba rwara gabanutseho 11%, bitewe na bamwe batagiye bagaragara harimo nk’umukinyi w’itera makofi Floyd Mayweather wari numero ya kabiri ku isi umwaka ushize aho yafataga miliyoni 65 z’amadorari utigeze urwana mu mezi 13 ashize.
Ikigaragara ni uko igitsina gore kitigeze kigaragara cyane kuri uru rutonde; umutegarugori uza ku mwanya wabugufi ni umurusiyakazi Maria Sharapova ukina Tennis akaba ari ku mwanya wa 29, afata miliyoni 24.2 z’amadorari ku mwaka ahanini akaba abikesha kwamamariza uruganda rwa Nike na Cole Haan Shoes.
Shakisha kuri ino site
pa
Abakinnyi 10 ba sport zitandukanye bafata amafaranga menshi ku isi.
Subscrever:
Enviar feedback (Atom)
Sem comentários:
Enviar um comentário