Bang Media

Shakisha kuri ino site

pa

Ibintu 6 wakora kugirango ugere ku ntego wihaye

Buri muntu utekereza neza kandi ufite ibyo agamije kugeraho mu buzima yiha intego. Benshi bakunze kwibaza igituma ku bantu bamwe byoroha kugera ku ntego baba barihaye, abandi bagacyeka ko kugera ku ntego umuntu aba yihaye bibashwa n’abanyamahirwe gusa.

Ubushakashatsi butandukanye bwagiye bugaragaza bimwe mu byo umuntu aba asabwa kubahiriza kugirango agere ku ntego yihaye mu buzima. Hano twabahitiyemo zimwe mu ngingo zibashisha umuntu kongera amahirwe yo kuba yabasha kugera ku ntego yihaye.

Reba igifite akamaro

Kugirango ugere ku ntego ushaka mu buzima bwawe banza utekereze urebe mubyo ushaka kugeraho maze urebe ikigufitiye akamaro kanini ku buryo mu buzima bwawe bwose ari cyo uzajya uhora ushyira imbere.

Gira intego, ushyire no mu gaciro

Iyo wihaye intego burya ukorana umurava ku buryo ibyo wimirije imbere ubikorana umwete, banza kandi ushyire mu gaciro maze urebe ko utagera kuri byinshi kandi nta kabuza uzabigeraho

Gira Ubushake

Reka nkubwize ukuri, nta kintu na kimwe uzageraho udafite ubushake, burya ubushake ni ikintu cya ngombwa kandi iyo ufite ubushake nta kabuza urashobora kandi ugera kubyo ushaka byose.

Gira umwanya wo kubitekerezaho

Shakashaka uburyo uzabigeraho, wandika buri kamwe kose ku buryo uzabigeraho, ureba inzitizi n’ingamba wafata habayeho ikibazo runaka.

Biganireho n’abandi

Burya ntuzabe nyamwigendaho niba hari ikintu ugambiriye gukora shaka abantu b’ inshuti ubibaganireho mbese ujye ushaka ubufasha bw’ibitekerezo hirya no hino.

Shaka ukugenzura

Shaka kandi mu nshuti n’abavandimwe bawe, umuntu wagufasha mu bugenzuzi byagufasha kugera kurbyo ushaka vuba cyane.

Related Posts by Categories



Sem comentários:

Enviar um comentário

 

BANG Quotes

Top News

Urwenya