![]() |
| Kizito na bagenzi be bakatiwe gufungwa iminsi 30 ngo batabangamira iperereza |
Umucamanza uburanisha uru rubanza yavuze ko Kizito Mihigo, Ntamuhanga Cassien, Niyibizi Agnes na Dukuzumuremyi Jean Paul ngo ibyaha bakurikiranweho bikomeye cyane ku buryo baramutse barekuwe bashobora kubangamira iperereza, bagatoroka cyangwa bagasibanganya ibimenyetso.
Umucamanza yavuze ko impamvu zitangwa n’Ubushinjacyaha zumvikana bityo abaregwa bakaba bagomba gufungwa by’agateganyo mu gihe bategereje kuburana mu mizi. Ibi bivuze ko nibongera kwitaba bazaba bari mu myambaro y’imfungwa dore ko bari basanzwe bagaragara bambaye imyenda isanzwe.
Kizito na bagenzi be bakurikiranweho gucura umugambi wo kugambanira igihugu ndetse no gushaka kwica bamwe mu bayobozi bakomeye b’igihugu, hamwe no gukorana n’imitwe ya FDLR na RNC irwanya leta y’u Rwanda. Uyu muhanzi yemera ibyaha aregwa ariko akavuga ko yabikoze mu magambo, naho bagenzi be bemera bimwe ibindi bakabihakana.
UMUSEKE

Sem comentários:
Enviar um comentário