Dina nkunda
Indirimbo ya Nyakabwa Lucien
Dyna ko ugiye nsigaranye na nde?
Ko tumaze iminsi twiganirira, tukagendana
Twiganirira tukagendana
Ndababaye cyane kuko rwose unshitse ntacyo twapfaga
Ndababaye cyane kuko rwose unshitse twakundanaga
Dyna nkunda ugiye hehe?x2
Naragukunze biba imbyino
Ndakuririmba biba ihozo
Ngera aho nkwita n’ihogoza
None ugiye kunsiga
Nsigira ahubwo akibutso
Aho ugiye Dyna ntuzanyibagirwe
Twakundanye kera tukiri bato, bizi benshi,
Tukiri bato bizi benshi
Rwose jye ikimbabaza, ni uko utansezeyeho ntacyo twapfaga
Rwose jye ikimbabaza, ni uko utansezeyeho twakundanaga
Dyna nkunda ugiye hehe? x2
Ko wari mwiza ku ishusho!
Ukaba na mwiza ku mutima!
Ni iki cyaguhinduye?
Ko ubuntu bwawe bwashize !
Ukanga n’uwagukundaga!
Mwana wa Mama icyokora jye ndakumva
Wabonye ubukungu,
Jyewe ndakennye birumvikana x3
Nyamara ikibabaje ni uko ugiye unshitse ntacyo twapfaga
Nyamara ikibabaje ni uko unziza ubukene twakundanaga
Dyna nkunda ni iki umpoye x2
Mwana mwiza wampogoje
Wenda na njye nzakira
Ariko urukundo ntirugurwa
Urwo nagukunze ni inkabya
None wemeye kuruta
Dyna rero disi ntunyibagirwe
Mumererwe neza
Mu icyo gihugu cy’amahanga x2
Nugera iyo ugiye uzajye wibuka ko ntacyo twapfaga
Nugera uyo igiye uzajye wibuka ko twakundanaga
Dyna nkunda ube amahoro
Mu icyo gihugu cy’amahanga
Mwana nkunda ube amahoro
Sem comentários:
Enviar um comentário