Bang Media

Shakisha kuri ino site

pa

Indirimbo-Umugisha uravukanwa-BUZIZI Kizito

Umugisha uravukanwa
Indirimbo ya Buzizi Kizito



Umugisha burya uravukanwa

Umugisha burya ni nk’ingabire

Abo Imana yahaye barawuvukana

Bakazarinda bawusazana

Umugisha burya ntubyiganirwa



Hariho iby’iyi si binjijira cyane bikanyobera

Iyo Rurema arangije kukurema

Imigisha uzabona arayikugenera

Ali ugukira ugatunganirwa

Ali ugukena ukalinda urunduka



Hariko abakira nyuma bagakena

Hariho abakena nyuma bagakira

Wabibona uryo bikakuyobera

Ntumenye yuko Rurema

Ko ari byo yanditse

Umugisha ntubyiganirwa



Hariho abantu burya banyobera

Bagira amashyali n’amafuti

Babona ukize nyuma bakanyika

Ntibamenye yuko Rurema

Ko ari byo yanditse

Bajya baca umugani mu Kinyarwanda

Ngo iyakaremye ni yo ikamena

Umugisha burya ntubyiganirwa

Uravukanwa



Umugusha burya uravukanwa

Jye umugisha narawurabutswe

Ngiye kuwufata uranyiyaka

Ngiye kuwuramya uranyiyama

Ngiye kuwusuhuza uraceceka

Umugisha burya uravukanwa



Uwo imana yahaye ntayoberana

Kuko ibyo akora byose arabonekerwa

Naho uwo imana yimye yagerageza

Kubikora bikamupfana

Umugisha burya uravukanwa

Ntubyiganirwa



Jyewe ucuranga iyi nanga

Ndi umusaza cyane

W’imyaka mirongo inani

Uwo imvi zamaze imitwe

Uwo uruhara rwamaze umutwe

N’uwo imvi zamaze ubwanwa

Nagerageje iby’isi

Ndagerageza wapi

Mpitamo gucuranga



Umugisha burya uravukanwa

Related Posts by Categories



Sem comentários:

Enviar um comentário

 

BANG Quotes

Top News

Urwenya