Umugisha uravukanwa
Indirimbo ya Buzizi Kizito
Umugisha burya uravukanwa
Umugisha burya ni nk’ingabire
Abo Imana yahaye barawuvukana
Bakazarinda bawusazana
Umugisha burya ntubyiganirwa
Hariho iby’iyi si binjijira cyane bikanyobera
Iyo Rurema arangije kukurema
Imigisha uzabona arayikugenera
Ali ugukira ugatunganirwa
Ali ugukena ukalinda urunduka
Hariko abakira nyuma bagakena
Hariho abakena nyuma bagakira
Wabibona uryo bikakuyobera
Ntumenye yuko Rurema
Ko ari byo yanditse
Umugisha ntubyiganirwa
Hariho abantu burya banyobera
Bagira amashyali n’amafuti
Babona ukize nyuma bakanyika
Ntibamenye yuko Rurema
Ko ari byo yanditse
Bajya baca umugani mu Kinyarwanda
Ngo iyakaremye ni yo ikamena
Umugisha burya ntubyiganirwa
Uravukanwa
Umugusha burya uravukanwa
Jye umugisha narawurabutswe
Ngiye kuwufata uranyiyaka
Ngiye kuwuramya uranyiyama
Ngiye kuwusuhuza uraceceka
Umugisha burya uravukanwa
Uwo imana yahaye ntayoberana
Kuko ibyo akora byose arabonekerwa
Naho uwo imana yimye yagerageza
Kubikora bikamupfana
Umugisha burya uravukanwa
Ntubyiganirwa
Jyewe ucuranga iyi nanga
Ndi umusaza cyane
W’imyaka mirongo inani
Uwo imvi zamaze imitwe
Uwo uruhara rwamaze umutwe
N’uwo imvi zamaze ubwanwa
Nagerageje iby’isi
Ndagerageza wapi
Mpitamo gucuranga
Umugisha burya uravukanwa
Shakisha kuri ino site
pa
Indirimbo-Umugisha uravukanwa-BUZIZI Kizito
Subscrever:
Enviar feedback (Atom)
Sem comentários:
Enviar um comentário