Wimfatanya n’Izamu
Indirimbo ya Mwitenawe Augustin
Wimfatanya n’izamu n’irondo,
shenge mbabarira nzi ko nta rurabo rutoha turuhiwe.
Ni akazi, kanyimda akanya
Ndagukunda nkagukumbura shenge, sinarota nkwanga urabizi,
Naba nitegura ngo nze kugusura, bati nta n’umwe usohoka hari akazi,
Rukundo we
Sinari nzi rwose ko urukundo,
rubuza amahwemo ukarara utaryamye ukamera nk’uwasinze ugahwera
Ukarata utagohetse, izuba rikarasa
Iyo rwagucaniriye ntiwitsa, igira ngo uciciweho n’ishyamba
Utaba intwali ukarora nabi, rwakujugunye ishyanga,
Rukundo we
Ku irondo mba ngutekereza,
ngafata iya kiyovu, nkaboneza umuhima, kimisagara, na nyabugogo
Umuseke ukeya, nkubona wese
Nkagira iyo mbunda inshengura ibitugu na rwo urukundo runshengura umutima
Nashaka kudomoka nareba iyo utuye ngasanga ari kure ari iyo bigwa,
Rukundo we
Ahubwo rukundo nyaruka undamutse
Tuganire nkurore ndamuke
Rukundo we
Nzi ko nta rurabo rutoha rutuhiwe,
nzi ko akazi k’ubu kabonwa n’uwo zereye ;
Nubikiwe imbehe ko naba nka bihehe se wambona hehe
Ko ntaba nkikubereye,
N’aho wankunda jye sinagukunda nta je t’aime inzara igutema amara ]x3
Rukundo we
Wimfatanya n’izamu n’irondo,
shenge mbabarira nzi ko nta rurabo rutoha rutuhiwe
Ni akazi kambuza akanya
Wimfatanya n’izamu n’irondo shenge mbabarira nzi ko nta rurabo rutoha rutuhiwe
Shakisha kuri ino site
pa
Indirimbo-Wimfatanya n’Izamu-Mwitenawe Augustin
Subscrever:
Enviar feedback (Atom)
Sem comentários:
Enviar um comentário