Bang Media

Shakisha kuri ino site

pa

Indirimbo-Wimfatanya n’Izamu-Mwitenawe Augustin

Wimfatanya n’Izamu
Indirimbo ya Mwitenawe Augustin






Wimfatanya n’izamu n’irondo,

shenge mbabarira nzi ko nta rurabo rutoha turuhiwe.

Ni akazi, kanyimda akanya

Ndagukunda nkagukumbura shenge, sinarota nkwanga urabizi,

Naba nitegura ngo nze kugusura, bati nta n’umwe usohoka hari akazi,

Rukundo we





Sinari nzi rwose ko urukundo,

rubuza amahwemo ukarara utaryamye ukamera nk’uwasinze ugahwera

Ukarata utagohetse, izuba rikarasa

Iyo rwagucaniriye ntiwitsa, igira ngo uciciweho n’ishyamba

Utaba intwali ukarora nabi, rwakujugunye ishyanga,

Rukundo we



Ku irondo mba ngutekereza,

ngafata iya kiyovu, nkaboneza umuhima, kimisagara, na nyabugogo

Umuseke ukeya, nkubona wese

Nkagira iyo mbunda inshengura ibitugu na rwo urukundo runshengura umutima

Nashaka kudomoka nareba iyo utuye ngasanga ari kure ari iyo bigwa,

Rukundo we



Ahubwo rukundo nyaruka undamutse

Tuganire nkurore ndamuke

Rukundo we



Nzi ko nta rurabo rutoha rutuhiwe,

nzi ko akazi k’ubu kabonwa n’uwo zereye ;

Nubikiwe imbehe ko naba nka bihehe se wambona hehe

Ko ntaba nkikubereye,

N’aho wankunda jye sinagukunda nta je t’aime inzara igutema amara ]x3

Rukundo we



Wimfatanya n’izamu n’irondo,

shenge mbabarira nzi ko nta rurabo rutoha rutuhiwe

Ni akazi kambuza akanya
Wimfatanya n’izamu n’irondo shenge mbabarira nzi ko nta rurabo rutoha rutuhiwe

Related Posts by Categories



Sem comentários:

Enviar um comentário

 

BANG Quotes

Top News

Urwenya