12.2. Amato ya Rwabugili n’ibitero byo ku Ijwi Kigeli Rwabugili, akimara kwima ingoma ntiyazuyaje, yatangiye kwambuka amazi magari ajya gutera ibihugu biri hakurya yayo, aho yahereye bwa mbere ni ku kirwa cy’’Ijwi. I Kivu ni amazi magari, Ijwi rikaba ikirwa kirumbaraye mu Kivu rwagati, ku buryo umutembo ataturirira i Kivu i Nyamasheke ngo yomokere ku Ijwi atararohama. Ahangaha rero havuka amatsiko yo kumenya uko Rwabugili yateraga mu Bunyabungo yambukiranyije i Kivu n’ingabo ze. Rwabugili yari yarakoranyije amato y’intambara yagombaga guhashya ibirwa byo mu Kivu no kwiganzura u Bunyabungo bwo hakurya y’icyo kiyaga. Amato y’intambara y’u Rwanda, yari agabwemo imitwe ine ; itatu ya mbere igizwe n’ingabo zo ku Ijwi : *Abajegezi batwarwaga na Mugenza ; *Inkeramihigo zatwarwaga na Mbwana ; *Ibidakurwa byatwarwaga na Gikerakenja ; Undi mutwe wari uremwe n’ingabo z’Abanyakinyaga : *Abahurambuga batwaraga na Nyankiko. Buri mutwe w’ingabo wabaga ufite amato y’intambara agera kuri Magana atatu (300). Hari n’amato y’Umwami n’ay’Abagaba yahoraga atsitse mu nsiko y’amashinji y’i Kinyaga. Mu bitero byo hakurya y’i Kivu, Umwami yarayahuruzaga akarema umutwe wa gatanu. Ayo mato y’indoha yari afite amazina yayo, ayo mazina akaba ari aya akurikira : 1. Nyirakabuga : “Inkundwakazi “ : Umusare wabwo yari Bigwira bwaramvuwe na Mugenza mu Ryarusiga, ahantu hitwa mu Kigende ho mu Budaha ; nibwo Rwabugili yagenderagamo. Bwari nk’inyumba ishakaje imihemba. 2. Igitsirombo :”Ubutoni “ bwavuye muri Cumbi, hejuru ya Mabanza ho mu Bwishaza, buramvuwe na Ruhangamugabo, umunyejwi wo kwa Tabaro wari utuye kuri Bizu. 3. Umuhozi :”Ubuhora “, bwaturutse mu Kanage buramvuwe na Ruhangamugabo. 4. Umudaheranwa :”Ubutaganzwa “Bwaramvuwe mu Kigamba ho mu Budaha. 5. Umucyurabuhoro :”Ubutanga ishya n’ihirwe “, bwo kuri Cumbi, bwaramvuwe na Gikerakenja, wo mu Marambo. 6. Ndushabandi :”Ubwingenzi “, bwaturutse mu Cyiya ho mu ishyamba rya Rugege, buramvuwe na Bigwirabagabo wo ku Ishara. 7. Ngarukiyibirwa :”Ubuhoraburangamiye Ibirwa “, bwaramvuwe na Mugenza kuri Cumbi. 8. Nyabiyonga :”Ubufubikwa impuzu y’ubutumba “,bwo ku Rwerere rw’i Bugoyi ,bwaramvuwe na Mpamira wo mu Nkaranka. 9. Intahakure :”Ubutebuka “,bwo ku Rwerere ,bwaramvuwe na Mpamira ,umusare wabwo yari Rubago. 10. Inyimura –Bahinza :”Ubutsemba Abahinza “bwo mu Kigamba cy’ i Budaha, bwaramvuwe na Mugenza. 11. Inyagirabahunde :”Ubuterabahunde “, bwo mu Kigamba, bwaramvuwe na Mugenza. 12. Nyabihunika :”Ikigega nyamunini “bwari ubwa Nkundiye ya Kabego, bwo muri Nyamushishi, bwaramvuwe na Mugenza. 13. Kamarashavu :”Ubumaragahinda “, bwari ubwa Kabego. 14. Gisumbamagoyi “Uburuta amagoyi “ , bwo muri Nyamushishi,bwaramvuwe na Gikerekenja. 15. Umudaharingoma :”Ubudahemukira ingoma :”bwo mu Kigamba, bwaramvuwe na Kamegeri wo kwa Bisangwa. 16. Intaganzwa :”Ubudatsindwa ‘, bwa Magaja ya Murinzi wo mu Kinyaga, bwaturirwaga umutwe w’Intaganzwa za Nyirimigabo. 17. Ishyaka ;”Ubuhorana ubutwari” bwo mu Kigamba, bwa Cyigenza cya Rwakagara. Nibwo bwaturiraga Ingoma za Rwabugili. 18. Ntsinzishyaka :” Ubutsindabahizi “bwaramvuwe na Mpamira mu Bugoyi, nibwo Rwabugili yagendagamo n’umutoni we Bisangwa. 19. Imbabazi “Impuhwe “bwaramvuwe mu Budaha, bwari ubwa Kabare ka Rwakagara, bwaramvuywe na Ruhangamugabo. 20. Ijuru :”Ikirere “bwari ubwa Rwabilinda rwa Rwogera, bwaramvuwe na Bigwirabagabo mu Cyiya ( mu ishyamba rya Rugege ). 21. Umuhirika :”Ubunesha “bwo mu Cyiya, ubwa Rwatangabo rwa Nzigiye. 22. Imirishyo :”Ubuhimbaza nk’ingoma zisutse “bwaramvuwe mu Cyiya na Mukenga wa Sebuhura, bukaba ubwa Rutikanga rwa Nkuriyingoma umwiru mukuru w’umwimika. 23. Umuhurambuga :’Ubuteramacumu “ bwaramvuwe na Mukenga mu Cyiya, bwari ubwa Nyamugabo wa Kanywabahizi, umutware w’Abakemba bo mu Kinyaga. 24. Ngaruyamahugu :’Ubwigarurira impugu “, bwaramvuwe na Buhake bwa Ngizumuhe, buva i Gikundamvura ho mu Bukunzi, bukaba ubwa Rubuga rwa Senyamisange, Umugaba w’Abiru bo mu Kinyaga. 25. Inkongi :”Ikibatsi cy’umuriro “bwari ubwa Bayibayi ba Buki bwaramvuwe na Munyuzangabo, i Gikundamvura ho mu Bukunzi. 26. Inkotanyi :”Indwanyi “ bwari ubwa Mugugu wa Shumbusho, bwaramvuwe na Munyuzangabo i Gikundamvura. 27. Nsinzurugomo :”Ubuhashya ibigande “bwa Kamaka ka Gasindikira, bwaramvuwe na Gikerakenja , muri Nyamushishi ho ku Ijwi 28. Indimanyi “Ubwasagura bugatsemba ‘ bwa Nyamugusha wa Rwata , bwaramvuwe i Gikundamvura. 29. Inyamamare :”Ubwogeye “ bwa Rutishereka rwa Sentama , bwaramvuwe na Ntabwoba i Gikundamvura. 30. Ngumira ;’Ubusatira ababisha “ bwa Ntamati ya Gashagaza ; bwaramvuwe na Gikerakenja kuri Cumbi bo mu Budaha. 31. Rutangira :”Ubudatsimburwa “ bwa Kanyonyomba ka Ndarwubatse, bwaramvuwe na Rurangamugabo kuri Cumbi. 32. Igikwiye :”Ubutinywa” bwa Rubanza rwa Yoboka, bwaramvuwe na Ruhangamugabo kuri Cumbi. 34. Ishema :”Ubutazarira “bwa Rukaburacumu rwa Bitebuka , Inteba ya Nshozamihigo ya Rwabugili ,bwaramvuwe na Gikerakenja mu Kanage , nabwo bwaturiraga Abashozamihigo (Ingabo za Nshozamihigo ). 35. Imaragishyika :”Ubutemba ubwuzu “bwa Baryinyonza ba Rwabugili , bwaramvuwe na Ruhangamugabo kuri Cumbi. 36. Sindushwa :” Ubuganza “ bwa Sehene rya Rugombituri (Murumuna wa Bisangwa ) bwaramvuwe na Burunga mu Rwerere rw’i Bugoyi. 37. Itanganika :”Amazi magari “ bwa Shankumba ya Nyamurwana ,bwaturutse ku Itambi butuwe na Kalimumvumba. 38. Inyanja “Umuhengeli w’amazi magari ‘bwa Bisangwa bya Rugombituri, bwaravuwe na Burunga ku Rwerere .nibwo bwaturiraga inzoga za Rwabugili. 39. Inyimbuzi :’Uburimbura ‘bwa Mugugu wa Shumbusho, ariko butegeka murumuna we Semakamba,bwaramvuwe na Rubuga rwa Rujenjeka ,I Gikundamvura. 40. Barikabaganya :’Ubushabutse “bwa Muhigirwa wa Rwabugili, bwari bufite urusaya ku gikwi( igikwi ni izuru ry’ubwato ). 41. Intagwabira :’Ubudacogora “bwategekwaga na Rwabilinda rwa Rwogera, umusare wabwo yari Shankuru. 42. Inkumburwa ;’Ubwifuzwa n’Ingabo ‘bwategekwaga na Rubuga rwa Senyamisange. 43. Intashya ;’Ubutebuka ‘Umusare wabwo yari Gipfurero. 44. Intamati ;’Ubukombe bw’inzovu “Umusare wabwo yari Mugarura. 45. Inyange :”Bwiza “Umusare wabwo yari Rwamahina. 46. Akarogoya :”Ubugamburuza abahizi “bwategekwaga na Kamaka. Ngayo amato y’intambara ya Rwabugili yari yarayaramvuriye kwigarurira u Bunyabungo n’ibirwa byo ku Kivu. I Kivu ariko nticyahoraga gituje, gikunda kugira imiyaga ikaze itorohera ubwato. Abasare ba Rwabugili bari bayizi ingeso, bakamenya igihe cyiza cyorohera ivugama bagaturira nta mpungenge. Amato ya Rwabugili ntiyageruzwaga n’imiyaga, yaturiye i Kivu nk’intabire yogoga ubunnyugu, yigarurira Abahavu, Indamutsa itanga ihumure ingoma zahuranya Turatsinze. Inganzo z’Abanditsi twisunze 1. Inganji Kalinga I, Kabgayi 1943 (KAGAME Alexis) 2. Inganji Karinga Ed. Kagbayi (Myr Kagame Alexis 1959) 3. Le Rwanda ancien et moderne, Kabgayi 1959 (LOUIS de Lacger) 4. Un abrégé de l’Ethino- Histoire du Rwanda, Butare 1972 (KAGAME Alexis) 5. Amateka y’Afurika, Kigali 1987 (MUREKUMBANZE Gr.) 6. Le Bushiru et son Muhinza (M.Pauwels) 7. Ingoma I Rwanda 1992 (P.SIMPENZWE Gaspard)
Shakisha kuri ino site
pa
Amateka y'Uko u Rwanda Rwagiye Rwaguka X:Amato ya Rwabugili n’ibitero byo ku Ijwi
Subscrever:
Enviar feedback (Atom)
Sem comentários:
Enviar um comentário