Bang Media

Shakisha kuri ino site

pa

Ingoma y'u Rwanda I

Umwanya w’ingoma

Kera mu Rwanda rwo ha mbere ndetse no mu bihugu bidukikije, ingoma yari ikintu kizwiho agaciro kanini cyane. Ingoma yari nkuru mu gihugu, ikaba indangabwami, ikagira uruhare mu mihango y’I Bwami, mu miterekero, ikagira uruhare ruhagaze mu mibanire y’Abami na rubanda, ikagira uruhare mu mitegekere y’igihugu, igakiza umunyagasani, igaca abagome, igatanga umuhanya.

Iyo ntera y’ingoma ni nayo yatumaga ingoma yaragiraga imvugo bwite yihariye isobanuye y’icyubahiro cy’ikirenga.

Kamere y’imvugo Ingoma

Mu Rwanda Iyo tuvuze ingoma, umuntu ahita yumva mbere na mbere : Ubutegetsi bw’ikirenga bw’igihugu Urugero :

- Ingoma ya Mashira yatsembe Abarenge

- Ingoma ya Gahindiro, amahoro yarasugiye arasagamba

- Ingoma ya Kigeli wigaruriye amahanga menshi

- Ingoma Mbiligi yadukanye shiku mu Rwanda

- Ingoma ya Cyami yakuwe na Repubulika

Kugira ngo Imvugo y’ingoma yitirirwe ‘’Ubutegetsi’’, byaturutse ku mpamvu y’uko u Rwanda ndetse no mu bindi bihugu by’Akarere k’ibiyaga bigari ingoma yari ikimenyetso cy’ubutegetsi. Ku gihe cy’Ingoma ya cyami, Ingoma-Ngabe niyo yari indangabwami, erega ahubwo ikaba yarimikwaga igasumbya umwami icyubahiro, ikaramywa.

Ku rundi ruhande,ingoma ryari "Itonde Ry’abami" babaga basangiye igisekuru basimburanaga ku butegetsi bwa cyami. Ubwo rero umuntu akaba yavuga ati :

- Ingoma y’Indorwa yari iy’Abashambo

- Ku ngoma y’Abagesera niho Nyangezi yagabiwe Ubushiru. Hari mu mwaka w’1924. Icyo gihe ni Nyamakwa wa II Nditunze wari ku ngoma

- Amateka y’u Rwanda avuga ko ingoma Nyiginya yahanzwe na Gihanga.

Ingoma na none cyari ‘’Igihugu cyategekwaga n’umwami, ubwo akarere aka n’aka kategekwaga n’Umwami kakitirirwa ingoma yako. Urugero :-Ingoma ya Gisaka yahuzaga imbibi n’iy’u Bugesera.

Kera kose ingoma yizihizaga rubanda, ariko zikagira umwanya w’umwihariko i Bwami. Ho zabikiraga Umwami zikanamubambura, zigashengerera kandi zigashagara umwami mu irambagira r’igihugu.

Mu gihe cy’imidugararo y’intambara, impuruza yajyaga ku karubannda bakayiha umurishyo igashoza injyarugamba, ingabo zigahurura zigatabara. Zigatsinda, zigasanganirwa n’umurishyo w’ingoma.

Mu mihango y’imiganura n’iy’igangahura no mu yindi miterekero ingoma zaravugaga zikavuzwa n’abanyamihango nyine. Imana igaseka ibintu bigatungana, abantu bagatunga, bagatunganirwa.

Nyamara na nyuma y’aho mu gihe cya Repubulika, ingoma ziracyafite agaciro rwose, umuco w’ingoma uracyari wose uretse ko iby’imihango bitagihuje n’imibereho mishya ya rubanda. Ingoma wazisanga henshi mu birori byo mu masabukuru, mu matorero ya za kiriziya, mu rubuga rw’urubyiruko no mu mashuri, mu mirimo y’abakozi, mu nyigisho z’abigishwa mu bukwe ndetse no mu mitako y’inzu. Ingoma yabaye rwose impuza-mbaga ,iremerwa gusanganya umuco wo hambere n’uw’ubu.

Related Posts by Categories



Sem comentários:

Enviar um comentário

 

BANG Quotes

Top News

Urwenya