![]() |
| Rutahizamu-Cristiano-Ronaldo-wa-Real-Madrid-na-Portugal |
Ibi yabitangarije ikinyamakuru cyo muri Brazil (FAB) kuri uyu wa gatanu, ikipe y’igihugu ya Portugal igomba kugera i Sao Paulo tariki ya 7 Kamena nyuma izaza ikurikiwe n’indege irimo Ronaldo ndetse n’abanyamakuru 200 hamwe n’izindi ndege enye zirimo umuryango w’uyu rutahizamu.
Ku myaka 29 y’amavuko Ronaldo ni we uyoboye urutonde rw’abakinnyi bafite ibitego byinshi muri shampiyona ya Espagne (La Liga) aho afite ibitego 25 mu mikino 24, mu mikino 110 akiniye ikipe y’igihugu ya Portugal yinjije ibitego 49.
Ronaldo kandi ni we mukinnyi ubu uhembwa amafaranga menshi ku Isi muri ruhago aho afata akayabo ka miliyoni 21 z’amayero ku mwaka, amaze kwinjiza ibitego 60 muri uyu mwaka wa shampiyona mu marushanwa yose.
Ikipe y’igihugu ya Portugal iri mu itsinda ry’aho izahatana n’ibihugu nk’Ubudage ku mukino ubanza tariki ya 15 Kamena nyuma izahura n’ikipe ya Leta zunze ubumwe z’Amerika ndetse na Ghana.
UMUSEKE

Sem comentários:
Enviar um comentário