Bang Media

Shakisha kuri ino site

pa

Ibisigo Nyabami- Muhabura-URIRIRA UWIYISHE

URIRIRA UWIYISHE = A QUOI BON PLEURER
L’AUTEUR DE SA PROPRE MORT ?

Ce poème de la catégorie « Ikobyo », montre que Muhabura s’intéresse déjà aux problèmes du pays de façon générale. Dans ce poème, il est question du roi Kimenyi IV Getura. Celui-ci a pris pour femme une princesse du Burundi qui a fini par lui imposer une attitude agressive contre le Rwanda. Depuis le règne de Kigeli II Nyamuheshera, le Gisaka était comme un protectorat du Rwanda. Le poème constitue un avertissement pour le monarque du Gisaka que le roi du Rwanda ne peut pas tolérer indéfiniment cette situation.

Uririra uwiyishe
Agira ati : icyo yikoreye,
Bakorera b’i Gihugu baryamiye Rwatera-riba.
Rwatana atabarana Rwaturira
005 Ngo ategere intwari

Na Ntutse-irungu ya Mbavu.
Ntiyihisha Bizungu bya Bizuzu bya Gasara,
Aho acumise hose ayoboka ingusho.
Ntamenya ko yibaze Bamenya
010 B’i Kabare ka Bayango, byamugarira.

Iyo nganyira uwihimye
Ngira nti: uko yigize
Bagirira ba Mbabazi
I Bogora e Kiba-mashinga.
015 Twashingwa no kuba umwari wa Nyamiko,

Abakiga mwese mukahagwira ingoma izi.
Ntiyihishe Birunge,
Magambo-asetsa ya Ngo-musamire,
Inganwa i Bwiriri iratomonzokwa.
020 Aha se wisuherwa ngo utekwe ku mutima,

Ayo watagagujwe yatoragure se !
Ureke ibyo usambira ibico by’ibinyoma,
Ruca-misango rwa Rusanza-ngame
Abagucunga abo barakwimbire.
025 Ureke n’ibyo unywa usinda

Ngo uhayire Mutsindo ya Mutsinza-bana
Ngo uzamutera.
Ko ntubigire ugapfa se
Rugo rw’amazimwe rwa Bazimya,
030 Ubwo uteze umutungo wa Shumbusho,

Ngo utarane abanyabyaha
Bakwake uwahetse se,
Amukunga Rukara rwa Muramira.
Urya munsi ari wo itegerwa itaha,
035 Tegerwa rya musiba-kwatsa

Wantutse imisago,
N’ubusanzwe ukabwiba,
Ukibagirwa uwahoreye nyogokuru,
Kandi ari we waremye irembo
040 Wa Kiyaga we.

Kandi basanzwe ari beza
Nkumburwa ya Nkomy-inkome
Agakumakuma amashyo
Akakwegurira i Burungu.
045 Ariko i Runda ho hahawe inganzwa,

Ikabwira n’inkanda
Ikitabira mu nzu.
Ariko twe ntitube ak’aho
Twe ab’i Vumba-nyoni rya Rwimivuno,
050 Ntihagenge Abanya-bigege.

Ariko twe tugengerwa n’ababyeyi bacu
Abagenga bakuru,
I Bukuba-myagazi iwa Bugend-umuheto.
Ko ga se uzabwira iki Abami, Butati
055 Ba Bwunamuka na Bwahwa-nyenge

N’abaguhweza i Reba-mizinga aho.
Uko bagukobereye bose
Ngo uzovuge uwakwibukije kubanza Nsamira.
Rero ngo uzomuzane utamubura,
060 Torero ry’abahannyi rya Muryoba,

Uwakugize ngo Kibaya-nkako ngo irabanzwa.
Ayo ubunjisha Kiba-mpeke,
Maryohe ya Munyu,
Ntuyahoreza Nyiransaguy-intoki.
065 Harya twari mu mitego y’Abami

Twebwe ab’Umwami i Bwama-nkende bwa
Kimenyi,
Kinyoma wabaye ikiyobera.
Ubwo uzicuza abayishokera Mutukura
Ubutuye ubwo incano iyoba amagambo makuru.
070 None ngaho mwansubira ku kanyu

Ko gukora imitego,
Bucya mugenzi amafumberi.
Ayo wigira ayo ujogotse
Abo mukungitse abo bose,
075 Mwatanijwe na Mutanya-bayege.

Ukazareba ko ugutata kudataha ubusa,
Ugasigara aho insindwa
Wambuwe iyo ngoma.
Nyokorome ayikwambuye ugaturagira
080 Ibihugu byose bikaguhaga ugahaba.

Ukazapfana ishavu
Ringanya inzovu ubunini
Muyimba wa Muyango
Ukicuza uwakogosha,
085 Ukamenagura ibiti

Bikwambura ayo masunzu.
Iwacu insengo zitsa ingoma,
Ngogoma ya Nyiramukozi na Samukuru,
Rukiga ibinga Rukurura.
090 Nyanguge inakwambutse nka Kigoyi.

Ikigome kizacibwa mu Butambama-nzira.
Iwacu impundu ziramukira mu Kabihu,
Kwa Mwam-ugaba bamwiyereka Abakemba.
Abatanguha batambana Migozi iyo,
095 Rusumba-mitwe yivugira Rusumya-nzoza.


Batwite n’ibishwama
Abagabo ba Mugabo-nkande wa Samugabo
Amacumu abaye inkwaruro.
Inkindi ibakobeye ngo biyereke Mwica-mbogo,
100 I Mwendanyi wa Nyamwenda-bageni.

Wihigiye ikishi urakibona,
Ubwo uretse gutura ugakora ibyoshyo.
Ibyoshyo ibyo byo birica,
Uzabibona Rwibuka,
105 Ubwo ureka ibisanzwe ugasangira.

Umva Bisibo byitaye mu kibatsi,
I Maganda muhigura ingoma za Bigondo.
Uzabyicuza wageze ahaga,
Abo bose bakwihakanye
110 Aho ujunjamye ubusa.

Related Posts by Categories



Sem comentários:

Enviar um comentário

 

BANG Quotes

Top News

Urwenya