NONE AHAWE UMUVURO = PUISQU’IL A TROUVE UNE PROTECTION
Ce poème de la catégorie d’ “Ikobyo » est la suite et la fin du précédent. Le roi Rwogera tranche le différend en faveur du poète Rwamakaza contre le notable Bidugu qui doit fournir une vache-mère à la place du taureau blessé du poète. « Umuvuro » (la protection) que ce notable attendait de son chef militaire dans ce procès devint nulle contre le jugement équitable du roi.
None ahawe umuvuro Bidugu
Mbabaze Rugamba,
Rwa Rugwano rwa Nyarugabanya
Yagura Mwikozi ubu bugingo.
005 Muroba utakutse ku mugambi
Wari i Butare urwana ishyamba,
Ngo mwashyikiranye.
Mbonye wubitse ingohe,
Ababiruzi ni umuvumbi
010 I Vumba-nyuma rya Kavuza-mfuke.
Inkuba ijya kwica imanuka hejuru,
Igahungira inkeho zimye mu gisibiri.
Yabonye isize imwubitse yigira mu bicu.
Mbonye udatsindwa ishyaka n’ab’ishyanga
015 Nandetse uwo mu Gisibiri, Gisama-mfuke
Mu nzugu za Gisahura na Gisogongera-mbogo,
Abamurimbiye arabarimbura.
Ati: erega ng’ubwo ubugome cyane,
Ni uwatumiwe n’Umwami akanga
020 Akagasa kuza kuramya.
Kabishywe n’aho yaba umuterekereza mu rugo umu
Ibyo byajyanwa n’undi,
Muzenga-nzarwe wa Nyirabuzira na Mutarizimba
Ejo aho nanone mukamuritura,
025 Akazamenya ko yisuzuguye Bidugu.
Ashyizwe amaboko imugongo
Ingoyi imukanaga bushyike,
Aba yaje agashyirwa mu ngeri.
Maze bakareba imigozi cyane,
030 Bagakubira mu Kagera
Imwubikiye imbirizi ya Kagoma.
Uru si rwo yakarabirwa na Rukara
We Rukabuza rwa Nyirarukoza-ngabo na
Nyirarukundo
N’ikeba bakarijyana.
035 Bidugu ari n’igihigi ajye ahakira
Arabaza ko yagira akajya kuhandagarira
Ariko Umwami ntakangwa ipfunda ararimena.
Ibyo gucuna aremba aramucukurira
Ngo azi guhimba ibihigi cyane n’ibikomero,
040 Aracumura yabimunyagana.
Hari amahanga yaducukije
Wagura amagara,
Nyiri iyi mfizi mukayirwanira ishyaka.
Bidugu yaraguriwe ntiyanyoye inka z’Abami,
045 I Joma rya Ruvira-ngohe na Ruyonga
Amwanga cyane Gihana.
Bitindi watera Ndekwe imfizi yatabariye
Watunga nzira ki ?
Ni ko ifite abayikura mu makuba
050 Rukaba mpembe rya Rukinga-ruhana,
Ntiwayikomeretsa ukayikukana nk’iy’umukene.
Iyarushye yagutse Bahimuzi i Ruhama,
Bidugu ari n’ibicuro bimwica.
Iyo arazirana mu gacuku yicuye araboroga.
055 Umugabo iyo abonye umwanzi irugu nta musatsi,
Ariko huta watinze kumunyaga.
Utegere n’umugabo uvugirwa ku gicumuro kimwe
Mucana-mbuga wa Muca-burega wa Murega-ncuro,
Aba yagize icyaha anyazwe imfizi akazitwara.
060 Ese ko umubuze
Ukazabura n’inka zawe.
Yahoraga mwo Rutikanga
Ibanga rya Mureregere,
None ngaho bari mu bwimba
065 Bahorera Bwoba-buke.
Abanyiginya b’i Maraniga
Kwa Mabega na Samukuru
I Mukaba bose ngo bakombeye.
Erega keretse utavutse Gihana
070 Inzigo ihiye y’imfizi,
Uwo arahihibikane kare.
Iyi mfizi ni iyanyu Abanyacyilima,
Mwebwe bene icyeza
Cya Kiragira cya Nyakiyaga
075 Mujye inama kunyaga Cyagasi uwo.
Uwo ni wo muryango mwumva uhari uhora.
Uwabanyaze inka aba afite isano,
Izo zigasanga Shyikiro.
Utegere Umwami agira ingabo,
080 N’imbonwa yambitse Nyir-ingoma,
Undi akamwigura bakareshya.
Maze icyo gihugu bakagitsinda
Kigapfa bucuke,
Umushyo waringanije ibiranga ukaba umwe,
085 Utegere ngo urateranyirizwa imfizi.
N’uwatinyiriye ingoma
We Mugambwa wa Mugandira wa Mugaba-rwamo
Warayiguze ku mvano.
Uwo namuciriye ikirera
090 Ngo ejo azanyagwa,
Agahora abigaya.
Nzarore ishyerezo ry’ishyano
Rinyaga Bidugu
I Muhira wa Ruhima-njari
095 Bucya mbyibutsa Rwihimba.
Arya menyo warishaga abaguhweje
Arayafite ni butugu,
Aho azayakuruma
Nkaba ga Bidugu n’uko ugira Umwami.
100 None ibyo uragira aratangara
Ngo yagorora imizo cyane agakubita,
Uwatumye ntiyakira
Yakwitwa impashyi.
None vuganya uragira Bwagiro
105 Wage n’abo umusengera,
Uze ufangure
Uze unyage umusenyere,
Umusenyere yabika isenga.
Niko afite abayikura mu makuba
110 Mukayirwanira ishyaka,
Mbonye Marara abirakaye mwo.
Na se Yuhi atamunyaze
None arakongotwe umuhoro.
Shakisha kuri ino site
pa
Ibisigo Nyabami- Rwamakaza-NONE AHAWE UMUVURO
Subscrever:
Enviar feedback (Atom)
Sem comentários:
Enviar um comentário