Bang Media

Shakisha kuri ino site

pa

Arashinjwa kwambara ukuri

Hari taliki ebyiri z'uku ubwo umugabo w'igikwerere (cyangwa ijigija) yagiraga atya agakora ibintu bidasanzwe: ubwo abandi bari aho bategerereza za gariyamoshi (train), we yagize atya ahahinguka yambaye uko yavutse !

Ntiyagarukirije aho, ahubwo n'uwageragezaga kumutwama cyangwa no kumukanurira gato yamwukaga inabi, ngo hari n'umutegarugori yambuye ishakoshi amubwira nabi cyane !
Ntibyatinze abashinzwe umutekano baba barahasesekaye maze bamuta muri yombi nyuma y'aho imbaga yari yamushagaye barimo baramufotora na za telefone ngendanwa. Kuri ubu uyu mugabo yahise ajyanwa mu kigo gishinzwe kwakira abafite uburwayi bwo mu mutwe, azamo ajyanwa mu rukiko asobanure ukuntu yahohoteye uburenganzira bw'abandi. Inkuru dukesha ikinyamakuru New York Daily News.

Related Posts by Categories



Sem comentários:

Enviar um comentário

 

BANG Quotes

Top News

Urwenya