Ivuga-Ngoma Ivuga-Ngoma ,ni ahantu habaga haratoranyijwe ngo hajye havugirizwa ingoma mu bihe byo ha mbere Aho ingoma zavugiraga ni ahari ingoro y’umwami cyangwa se ku Rurembo rw’Umuhinza .Ingoma zavugiraga Umwami,zikavugira ingabe,kuko niyo umwami yabaga Adahari yarambagiye Igihugu cyangwa se yagiye ku rugamba ingoma zarabikiraga zikanabambura.Aha hakurikira ni ahaibanze kuvugirizwa ingoa mu bihe byo ha mbere. Aho zavugiraga Komini Perefegitura Akarere k’ubu Giseke Rusatira Butare Nyanza Mulinza Muyaga Butare Gisagara Mwulire wa Save Mbazi Butare Gisagara Nyanza Nyabisindu Butare Nyanza Rushyashya Nyabisindu Butare Nyanza Nyamirembe ya Humure Muhura Byumba Gatsibo Gabiro Ngarama Byumba Gatsibo Gatsibo k’Imitoma Ngarama Byumba Gatsibo Busigi Tumba Byumba Gicumbi Remera rya Humure Murambi Byumba Gatsibo Rutaraka rwa Nyagatare Ngaramba Byumba Gatsibo Mwezi kwa Ndagano Karengera Cyangugu Nyamasheke Nyamasheke kwa Rwabugili Kagano Cyangugu Nyamasheke Nyamirundi Gafunzo Cyangugu Nyamsheke Mu miko ya Gihundwe Cyimbogo Cyangugu Nyamsheke Ngeli Mubuga Gikongoro Nyamagabe Suti ya Banege Musange Gikongoro Nyaruguru Kageyo Satinsyi Gisenyi Nyabihu Gitarama cyo mu Bugamba Kibilira Gisenyi Nyabihu Mpushi Nyamabuye Gitarama Muhanga Kamonyi Taba Gitarama Kamonyi Rwamaraba Nyamabuye Gitarama Muhanga Shyogwe Nyamabuye Gitarama Muhanga Gaseke Rutobwe Gitarama Kamonyi Mata ya Ruhanga Mushubati Gitarama Ngororero Ku Kiyanja Masango Gitarama Kamonyi Bweramvura bwa Kinihira Masango Gitarama Ruhango I Kiganza Tambwe Gitarama Kamonyi Remera Rukoma Taba Gitarama Ruhango Ruhango rwa Mutaraka Kigoma Gitarama Ruhango Mayembe Masango Gitarama Ruhango Rwamagana Rutonde Kibungo Rwamagana Remera y’ i Mukiza Kigarama Kibungo Ngoma Sakara kwa Rwabugili Birenga Kibungo Kirehe Rubengera Mabanza Kibuye Rutsiro Gihara Mabanza Kibuye Rutsiro Bizu Mabanza Kibuye Rutsiro Nzaratsi Bwakira Kibuye Karongi Kigali kwa Rugwe Nyarugenge Kigali Nyarugenge Gasabo Gikomero Kigali Gasabo Mwulire Bicumbi Kigali Rwamagana Rango mu Bugesera Ngenda Kigali Bugesera Ruganda kwa Ruganzu Tare Kigali Rulindo Nkuzuzu kwa Mibambwe Mutabazi Rubungo Kigali Gasabo Huro kwa Mibambwe Musasa Kigali Gasabo Mbirima na Matovu Rushashi Kigali Gakenke Kabuye ka Jabana Rutongo Kigali Gasabo Remera y’ Abaforongo Mugambazi Kigali Rulindo Gasozi kwa Cyilima Rujugira Rubungo Kigali Gasabo I Butare bwa Nduba Gikomero Kigali Gasabo Mata ya Kigarama Kigombe Ruhengeri Musanze Kibuye mu Kibali Nyarutovu Ruhengeri Gakenke Nyakinama mu Murera Nyakinama Ruhengeri Musanze Uretse mu Rwanda, hari n’aho ingoma zavugiraga mu mahanga nko ku Ijwi mu bitero bya Rwabugili yabaga yagabyeyo. Ariko aho ingoma zakunze kuvugira cyane ni I Buhindangoma h’I Rucuro,zikavuzwa n’Abacyuriro.Iyo umwami w’u Rwanda yabaga yarambagiriyeyo. Mu bihe by’ubu Mu bihe by’ubu ingoma zikunze kuvugira mu ma Misiyoni zikavuza umurishyo Abiru bitaga ‘’Umurishyo wa Misiyoni”byo gukerensa.Nyamara ariko hari Misiyoni zakunze kwamamara ku mivugirize y’ingoma muri ibi bihe bya vuba aha ng’aha nka : Kaduha mu Bunyambilili, Kabgayi mu Marangara (Muhanga) ,Birambo mu Nyantango (Karongi), Rambura mu Bushiru (Nyabihu), Janja mu Bukonya (Gakenke) na Nyundo mu Bugoyi (Rubavu). Ikigereranyo cy’imvugo ku ngoma Kimwe n’ibindi birangamuco w’Abanyarwanda, ingoma nayo igira imvugo yayo yihariye iyikoreshwaho, igihe cyose bashaka kuvuga ibiyerekeyeho. Dore zimwe mu mvugo mbonezamvugo zikoreshwa ku ngoma : Gakondo y’imvugo ku ngoma : Ijambo gakondo Ijambo risanzwe Umutagara Ingoma zigize umukino, umuriri Gusiga ingoma Kuzitera amaraso y’inka ngo zitamungwa Gukosha ingoma Kuzigura Kuramvura ingoma Kuzibaza Kurema ingoma Kuzibambaho uruhu Kuremera ingoma Kuzikorera Kururutsa ingoma Kuzitura Gutaha Kuza kw’ ingoma Kuzijisha Kuzibika (ahantu hegutse zagenewe) Kuzibyarira Kuzitaba mu gitaka Kuzibikira Kuzibika Gukura Gusaza kwazo Kurara Gusaduka iyo zikiri nshya Kuribora Gusaduka iyo zikiri nshya Kubyara Gutoboka Kuzosa Kuzishyira ku gicaniro Kurenga Kuvuga zikaraza iyo zashyushye Gusuka Gutangira kuvuga Gutuza Guceceka Gutunga Kurangiza kuvuga Gutungisha Kuvuza umurishyo wo kurangiza Umurishyo utungisha Utuma barangiza kuvuza Umurishyo ubukira Wa nimugoroba, usinziriza Umurishyo Ubambura Wa mu gitondo, ukangura Indamutsa Ingoma itanga bwakeye Kuvuga urwunge Kuvugira icyarimwe kw’ingoma Kubyukira Kuvuga bugicya Kuvunura Guhindukira kw’ingoma Gusegura Gushyigikira ingoma Gutambira ingoma Kuzishayayira, kuzibyinira Kurambagira Gutambagira by’ingoma Gukuka Kuva mu ibarizo Gukura Kujvana ingoma mu ibarizo Imyari Ingoma zitarambara Kuzambika Kuzishyiraho uruhu Kwambara Kujyaho uruhu Kogosha (ingoma) Kuyivuza ngo iveho ubwoya Ingabe Ingoma igenga igihugu Ibigamba Ingoma z’ibyegera by’ingabe Kuzirika ukwezi Gufata igihe kw’Abiru Uzirikisha Umutware w’Abiru Kuzirika ingoma Kureka kuzivuza muri Gicurasi Ingoma ziraziritse Ingoma ntizishobora kuvuga Kuzirikisha Kuba umugenga w’Abiru bafashe igihe Gusibira umurishyo Kongera kuwuvuza Amaboko y’ingoma Imikondo yazo Urukamishirizo Aho ingoma zibikwa Ikiraro cy’ingoma Aho ziba Impuruza,intabaza Umurishyo w’urugamba Umutimbo ,agatimbo Umurishyo ukanabikira Gukura gicurasi Kwerera wa Kamena I Gaseke kwa Cyilima Aho bakuriraga Gicurasi Kubundisha ingoma Kuyihisha Kunoshereza Kuvuza umamata, gahoro Ngiyo rero imvugo karande ijyana n’ingoma ; Imvugo igaragaza icyubahiro abakurambere bari afitiye umuco w’ingoma yari nk’ibendera ry’igihugu. Icyo gitinyiro cy’ingoma kikaza na none gushingira mu migani ivugwa na rubanda ku ntekerezo zabo zigenura ingoma. Inganzo z’Abanditsi twisunze : Ingoma i Rwanda : (Padiri .SIMPENZWE Gaspard, 1992)
Shakisha kuri ino site
pa
Ingoma y'u Rwanda V
Subscrever:
Enviar feedback (Atom)
Sem comentários:
Enviar um comentário