Bang Media

Shakisha kuri ino site

pa

Yiyahuye yijugunye ku nzu ndende ku isi

Umugabo w'imyaka isaga 30 yagize atya aba yijugunye hasi avuye hejuru y'igorofa isumba izindi ku isi hose,yavuye ku nzu y'i 147 aza kuruhukira ku nzu y'i 108 ujya hasi, ku muturirwa wa Burj Khalifa wo mu mujyi wa Dubai !

Uyu mugabo akoze amateka kuko ariwe muntu wa mbere uguye kuri iriya nzu kuva yatahwa muri Mutarama 2010.

uko ubuvugizi bwa polisi bw'uriya mugi bwabitangaje, uyu mugabo ashobora kuba akomoka ku mugabane wa aziya y'epfo, ngo yarasanzwe anakora muri iyi nzu.

Ngo impamvu yo kwiyahura kwe yaba ari uko yari yasabye konje, ikifuzo cye kigaterwa utwatsi.
Iyi nzu yitwa Burj Khalifa niyo ya mbere ku isi ndende, igizwe n'amazu 200 agerekeranye, yatwaye akayabo ka miliyari na miliyoni 500 kugirango ihagarikwe, inzu 160 muri izi 200 nizo zikorerwamo gusa.

Related Posts by Categories



Sem comentários:

Enviar um comentário

 

BANG Quotes

Top News

Urwenya